ENGLISH 
FRENCH 

DIYOSEZI YA KABGAYI


Padiri Karoli Ndekwe : Intwari yabyirukiye gutsinda yaratabarutse


Yanditswe kuwa
26/03/2021
Views  189

Mu ijoro ryo kuwa kane, tariki ya 18 Werurwe 2021 saa 20h45’ ni bwo Padiri Karoli Ndekwe yitabye Imana, mu Bitaro bya Kabgayi, aho yari yagejejwe mu gitondo cy’uwo munsi.

Rwaramutwibye

Rwabaye nk’urumwiba rwo kabure inka, kuko n’ubwo yari ageze mu zabukuru kandi akaba yaragiraga uburwayi bukunda gufata abageze mu zabukuru, nta kimenyetso yari afite cyo kuremba mu minsi ye yanyuma. Abasanzwe bazi gahunda ye y’umunsi, no kuwa 17 Werurwe 2021 yayubahirije yose ntacyo ahinyutseho. Gusa rero mu gitondo cy’umunsi yatashyeho ni bwo ibintu byabaye nk’ibihinduka byose, ariko na bwo abitwarana ukwemera no kwiyumanganya bikomeye, kugeza ubwo atuvuyemo, nyuma y’iminota itanu gusa ahawe Isakaramentu ry’Ugusigwa kw’abarwayi ; nk’aho ari ryo yari ategereje ! Ni igitangaza gikomeye, umuntu atabura gushimira Imana.

Padiri Ndekwe asize umurage mwiza uzamuraga ab’ibihe byose

Padiri Karoli Ndekwe akikijwe n’abasaserdoti ku isabukuru ye y’ubupadiri
Ababanye n’abamenye Padiri Karoli Ndekwe, ntibazibagirwa ukuntu yari intore yizihirwa ikamenya no kwizihira ingeri zose. Icyivugo cye yabyirukanye mu itorero ni Intwari yabyirukiye gutsinda ! N’uwagira amazinda ate, sinzi ko yakwibagirwa ukuntu yakundaga ubusaserdoti : aho yahozagamo ikanzu y’ikaki mu mibyizi n’iyera ku cyumweru no ku minsi mikuru, agakunda gutura Igitambo cy’Ukaristiya kare kare azindutse, ari na ko agiherekeresha amasengesho ya Buribyare (Bréviaire, igitabo abamusuraga basangaga ahora acigatiye) ndetse n’ishapule asabira bose. Yagiraga urukundo rudaheza, kandi akibuka benshi na henshi atava mu rugo. Hari n’ibindi byinshi nk’uko byagiye bigarukwaho mu buhamya bwatanzwe mw’ishyingurwa rye.
Soma inkuru wabisangamo : http://diocesekabgayi.org/kiny/Padiri-Karoli-Ndekwe-warutaga-abapadiri-bose-mu-Rwanda-yatahanye-ishema.html

Incamake y’amavu n’amavuko ya Padiri Karoli Ndekwe

 Yavutse mu mwaka w’i 1925 i Yaramba (Cyahinda)
 Ababyeyi be : BAGANDA Dismas na Dancille MUSONERA
 Yabatijwe tariki ya 19 Nyakanga 1936 i Kibeho
 Yakomejwe tariki ya 16 Nyakanga 1937 i Kibeho
 Yahawe ubupadiri tariki ya 8 Mata 1956 i Nyakibanda : haburaga gato ngo yuzuze imyaka 65 y’ubusaserdoti.

UBUTUMWA YAKOZE :

 Guhera mu kwezi kwa Kanama 1956 : Ubutumwa bwa mbere muri paruwasi ya KIZIGURO
 27 Kanama 1957 : Padiri wungirije i Nemba
 27 Mutarama 1960 : Padiri wungirije i Cyahinda
 Kanama 1960 : Padiri wungirije muri imwe mu maparuwasi i Kigali
 Nyakanga 1962 : Padiri wungirije i Rwamagana
 Kanama 1963 : Padiri wungirije i Kabgayi
 Nzeri 1968 : Umuyobozi wa Préparatoire mu Iseminari Nto ya Kabgayi
 Nzeri 1970 : Padiri mukuru wa Byimana
 Kamena 1974 : Padiri wungirije i Kabgayi
 Gashyantare 1977 : Padiri mukuru ai i Mushishiro
 9 kamena 1977 : Padiri wungirije i Kabgayi
 11 Nyakanga 1977 : Yagiye kwivuza mu Busuwisi
 1979 : Umurezi mu Iseminari y’abakuze (Séminaire des Aînés) ku Kamonyi
 1980 : Umuyobozi wa roho mu Iseminari Nto ya Kabgayi
 Nzeri 1980 : Padiri wungirije i Kabgayi
 Kanama 1990 : Aumônier w’Ibitaro bya Kabgayi
 Kanama 1991 : Padiri wungirije i Gitarama
 Nzeri 1992 : Padiri wungirije i Kayenzi
 1996 : Padiri wungirije ku Kamonyi
 2009 : Ikiruhuko cy’izabukuru muri Evêché

Requiescat in pace.

Padiri Jean-Paul MANIRIHO